Amakuru Agezweho
Sports

Manchester City ntizakomezanya na Pep Guardiola

Manchester City yatangaje ko izatandukana n’umutoza Pep Guardiola nyuma y’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26 nyuma y’imyaka 10, akazakomeza gukorana na yo mu bijyanye n’ubujyanama mu bya tekiniki.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi 2026, ni bwo iyi kipe yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo, ivuga ko itazakomezanya n’uyu mugabo wayihesheje ibikombe bitandukanye mu myaka ahamaze.

Mu 2016 ni bwo Pep yageze muri Manchester City, asimbura Manuel Pellegrini, kugira ngo afashe iyi kipe kuba imwe mu zikomeye i Burayi, nk’uko yari yarabikoze muri FC Barcelone muri Espagne na Bayern Munich mu Budage.

Manchester City yavuze ko azajya ayifasha mu bijyanye n’ubujyanama mu bya tekiniki, hakaba hari gushakwa umusimbura we.

Kugeza ubu uvugwa cyane mu bazasimbura Pep ni Enzo Maresca babanye muri Man City nk’umwungiriza we, ariko igihe kikaza kugera akajya kwikorera na we nk’Umutoza Mukuru.

Muri Mutarama 2026, Enzo yatandukanye na Chelsea yo mu Bwongereza kubera umusaruro mubi, ndetse kugeza ubu yari atarabona ikipe yo gutoza.

Mu myaka 10 ishize Pep Guardiola w’imyaka 55 ari umutoza wa Manchester City, yegukanye ibikombe 20 birimo ibyo mu Bwongereza ndetse n’iby’i Burayi.

Harimo ibya Shampiyona y’u Bwongereza bitandatu, harimo bine yegukanye byikurikiranya kuva mu mwaka w’imikino wa 2020/21 kugeza mu 2023/24.

Yegukanye ibikombe bitanu bya League Cup, bitatu bya FA Cup, kimwe

cya UEFA Champions League, bitatu bya Community Shield, kimwe cya FIFA Club World Cup na kimwe cya UEFA Super Cup.

Ni mu gihe mu myaka 136 iyi kipe yari imaze atarahagera, yari yaregukanye ibikombe 18 gusa, nta na kimwe cyo ku Mugabane w’i Burayi ifite

.

pep asoma igicombe cya champions league 


Ku byerekeye umwanditsi

Editor User

Sangiza aya makuru